Turahirwa Moses Yagejejwe ku Rukiko Rukuru rwa Kicukiro ku Birego Birebana n’Ibiyobyabwenge

0
63

Ku wa Mbere, tariki ya 12 Gicurasi 2025, umunyamideli uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo, Turahirwa Moses wamenyekanye nka Motions, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, aho yagejejwe ku isaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, ategereje iburanisha ryatangiye saa tatu.

Turahirwa Moses wamenyekanye nka Motions Imbere y’Ubutabera
Turahirwa Moses wamenyekanye nka Motions Imbere y’Ubutabera

Turahirwa akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, akaba yafashwe ku wa 22 Mata 2025 na RIB. Ni ku nshuro ya kabiri afunzwe ku byaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, nyuma y’aho mu 2023 nabwo yari yakurikiranyweho gukoresha urumogi no guhindura inyandiko z’inzira.

Yari yambaye ipantalo y’umukara n’ishati itukura yo mu nzu ye y’imideli ya Moshions, akagira agapfukamunwa kamuhisha isura. Yajyanywe ku rukiko mu modoka ya RIB aherekejwe n’abapolisi umunani.

Urubanza rwe rwabereye mu muhezo; nta bantu bemerewe kwinjira mu ifasi y’urukiko, uretse abanyamakuru batanu bari hanze y’uruzitiro bafataga amashusho. Ubushinjacyaha bwatanze impamvu z’irego, naho uregwa atanga ibisobanuro bye.

Ku wa 20 Ukuboza 2024, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuhamije ibyaha, rumukatira gufungwa imyaka itatu, gutanga ihazabu ya miliyoni ebyiri Frw n’ibihumbi 20 Frw by’igarama ry’urubanza. Yahise ajurira kuri icyo cyemezo.

Turahirwa Moses azwi nk’umwe mu banyamideli bakomeye mu Rwanda, binyuze mu nzu y’imideli ya Moshions, yamamaye mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here