Ku itariki ya 9 Nzeri 2025, Leta ya Israel yakoze igitero gikaze mu murwa-makuru wa Qatar (Doha), cyibasiye abakuru ba Hamas bari bari mu biganiro by’ihagarikwa ry’intambara.
Qatar yahise yise iki gikorwa “igitero cy’ubugome” kandi ivuga bitubahiriza amategeko mpuzamahanga”
Ibitangazea n’Abaturage bo muri Doha bavuze ko bumvise ibisasu byinshi, maze hanagaragara umwotsi mwinshi mu gace ka Legtifya / Katara
Ingabo za Israel (IDF na Shin Bet) zatangaje ko bakoze igitero cy’umwihariko bagamije gukuraho abayobozi ba Hamas bashinzwe ibikorwa byo kwihimura no kuyobora intambara
Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko “Israel yakoze igitero cyihariye,anavuga ko ari we wasabye iki gitero kandi akanayonora inshingano zose
Khalil al-Hayya, umuhuza mukuru wa Hamas mu biganiro byo guhagarika intambara, kimwe na Khaled Mashal na Mousa Abu bagaragaza ko iki gitero cyari icyo kwihimura.
Ishami rya Hamas riravuga ko abari mu biganiro ntacyo babaye, naho inkuru z’amakuru yo kuba hari abishwe ntaziratangazwa n’itangazamakuru ribifitiye gihamya
Hari kandi amakuru avuga ko al-Hayya yapfuye mu gitero.
Qatar, nk’Umuhuza w’ibiganiro, yihanangirije iki gitero nk’icyaha kirenga ku amasezerano mpuzamahanga.
Umunyamabanga Mukuru António Guterres yise igitero nk’icyaha gikomeye mu masezerano n’icyubahiro cy’igihugu
Ibindi bihugu nka Misiri, Turukiya, Lebanon, Saudi Arabia, Espagne, n’Ubwongereza nabyo byamaganye cyane iki gitero, bikabibona nk’igihungabanya umutekano w’ubumwe bw’Abarabu n’iterambere ry’amahoro
Israel yavuze ko igitero ari igisubizo gikomeye kandi mu mujyi wa Yerusalemu cyahitanye abantu umunani
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zabimenyeshejwe mbere y’igihe.
Iki gitero gishobora guhagarika ibiganiro by’ubwumvikane ku kibazo cya Gaza, kandi gishyira mu kaga, bidatanga amahoro hagati ya Israel na Hamas.
Kugeza ubu, umubare w’abapfuye Bose nturatangazwa by’ukuri, kandi hakiri abantu bataraboneka.
Ibitekerezo byanyu muri comment numusanzu ukomeye













