Uyu munsi (28 Nzeri 2025), habaye isiganwa ry’abagabo mu cyiciro cya “Men’s Elite Road Race” ku rwego rwa UCI Road World Championships i Kigali, mu Rwanda — isiganwa ry’amagare riba rimwe mu by’ingenzi mu mikino y’isi yose.
Uyu munsi niwo mukuru muri iri siganwa, kuko riba rinini kurusha andi masiganwa yaribanjiroje, harimo isiganwa ry’abagore, under-23, n’ibindi.
Uko isiganwa ryagenze Intambwe ku yindi
- Isiganwa ryatangiye mu buryo bw’ihuse, abakinnyi benshi bagerageza guhatana, no gushaka ko habaho “breakaway” twakita nko (Kwirema amatsinda yubuhanga) mu matsinda atandukanye.
- Mu ntangiriro y’isiganwa, hari abakinnyi batandukanye bashatse gutandukana n’itsinda ry’abantu benshi kugira ngo bagire amahirwe yo kubona umwanya w’imbere.
- Mu isiganwa ry’uyu munsi, Tadej Pogačar yafashe icyemezo gikomeye cyo gutera long-range attack, yatangije igitero afite kilomotero zisaga 104 km kugira ngo bagere k’umusozo.
- Nyuma y’aho, Pogačar yagumanye umwanya w’imbere mu gihe cy’ibirometero 66 ari we wenyine imbere cyane, nta mukinnyi ugaragara inyuma ye .
- Ibi byatumye abamukurikiraga batabasha kumugendana kuko hari nibice bigoye cyane byiyi nzira.
- Remco Evenepoel nawe yagize yigaragaje cyane muri iri siganwa, nubwo byigeze kumusaba guhindura igare (bike changes) mu gihe cy’isiganwa, bisaba gutegereza imodoka imutwaza amagare (team car) kugira ngo imuhe ubufasha.
- Nubwo ibyo byabaye, yakomeje guhatana kandi yaje kurangiza ku mwanya wa kabiri , abona instinzi neza nubwo hari ibibazo byari byamubayeho
- Ku mwanya wa gatatu haje Ben Healy wo muri Irlande, wahatanye cyane mu gice cya nyuma, asiga abandi bamurikiye.
- Pogačar yatsinze mu gihe kinini (lead) yambara jersey y’umuhondo (rainbow jersey) akomeza kuba Umwami w’isi mu isiganwa ry’amagare.
- Ubu Pogačar niwe mukinnyi wa mbere uhuza gutsinda Tour de France no gutsinda UCI championship y’isi mu mwaka umwe inshuro ebyiri (sequential)
- Yakoze amateka mu mukino w’amagare.
Twabibutsa ko iri siganwa ryabereye mu Rwanda, ku nshuro ya mbere mu mateka y’isiganwa ry’isi ry’amagare muri Afurika.
- Ku rwego rw’igihugu, ibi bikorwa bizamura ubukerarugendo haba mu mikino no kongera ubushobozi bwo kwakira amarushanwa mpuzamahanga atandukanye, kwerekana ibyiza by’igihugu, no kongera amahirwe y’iterambere ryimikino mu guhabwa agaciro.
- Ibi , muri Afurika, ni isomo rikomeye ryerekana ko nabo bashobora gushigikira no gushyirwa mu myanya mpuzamahanga mu mikino.
U Rwanda rwerekanye ko ari ahantu mpuzamahanga ho kwizerwa no gutegurira indi mikino yose mpuzamahanga














