
Bénin: Itsinda ry’abasirikare ryigambye guhirika ubutegetsi bwa Perezida Talon
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 7 Ukuboza 2025, itsinda ry’abasirikare ba Bénin ryateye urugo rwa Perezida Patrice Talon, rishaka kumuhirika ku butegetsi.
Amakuru dukesha Jeune Afrique, avuga ko aba basirikare basubijwe inyuma n’abandi badashyigikiye uyu mugambi, ndetse Perezida Talon ameze neza.
Gusa aba basirikare bayobowe na Lieutenant-Colonel Pascal Tigri, babashije gufata televiziyo y’igihugu, ndetse batambutsa ubutumwa buvuga ko bakoze ‘coup d’état’.
Mbere y’uko televiziyo iva ku murongo, aba basirikare bavuze ko bashyizeho Komisiyo ya gisirikare igamije impinduka, basesa Itegeko Nshinga, inzego za leta n’amashyaka yose ya politike.
Bavuze kandi ko bafunze imipaka yose ihuza Bénin n’ibindi bihugu. Bashimangira ko bahiritse ubutegetsi kubera ko hari abo ubuyobozi bwa Perezida Talon bwaheje, bamwe barafungwa abandi barahunga.
Perezida Talon yagiye ku butegetsi mu 2016, ndetse biteganyijwe ko andi matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Mata 2026. Talon yavuze ko ataziyamamaza. Uwahabwaga amahirwe yo kumusimbura ni Romuald Wadagni ari nawe ashyigikiye.
Perezida Talon













