U Rwanda rwungutse abapolisi bashya barenga 1.900 barangije amahugurwa
Polisi y u Rwanda yungutse abapolisi bato bashya 1.903 barangije amahugurwa n imyitozo bibinjiza mu mwuga wo gucunga umutekano w Abanyarwanda n imitungo yabo.
Aba bapolisi bashya barimo abakobwa 359 n abahungu 1.544, binjijwe ku mugaragaro muri Polisi y u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Ukuboza 2025, nyuma y amezi umunani bamaze bahugurirwa mu Kigo cy Amahugurwa cya Polisi y u Rwanda giherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana.
Umuyobozi w Ishuri rya Polisi rya Gishari, CP Robert Niyonshuti, yavuze ko mu bapolisi bato basoje amasomo harimo 40 bazoherezwa mu Rwego rw Igihugu rw Igorora, mu gihe abandi 178 ari abatorejwe mu Ishuri Rikuru rya Polisi rya Musanze aho bigira n amasomo ya kaminuza mu mashami anyuranye.
Yagize ati “Abatorejwe i Gishari batangiye amahugurwa tariki ya 17 Mata 2025 bari 1.748, abasoje bakaba 1.725, kuko abagera kuri 23 batabashije gusoza kubera impamvu zitandukanye zirimo uburwayi n imyitwarire itajyanye n indangagaciro za Polisi y u Rwanda.”
CP Niyonshuti yasobanuye ko aba bapolisi bahawe ubumenyi n imyitozo ibategura kuzuza neza inshingano zabo zirimo gukoresha intwaro, kumva no gushyira mu bikorwa amabwiriza, imyitozo ngororamubiri, gucunga umutekano n ituze mu baturage, amategeko, imikoranire ya Polisi n abaturage, umutekano wo mu muhanda ndetse n izindi gahunda za Leta zibafasha mu kazi ka buri munsi.
Minisitiri w Umutekano w Imbere mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yashimiye Perezida wa Repubulika ku cyerekezo cyiza akomeje guha inzego z umutekano, agaragaza ko cyatumye u Rwanda rugira umutekano usesuye.
Yagize ati “Umutekano ni inkingi ikomeye y iterambere. Nubwo muri rusange uhagaze neza, haracyari ibyaha bikibangamiye abaturage birimo ubusinzi n ingaruka zabwo, ubujura, gukubita no gukomeretsa, ikoreshwa ry ibiyobyabwenge n impanuka zo mu muhanda. Dufite inshingano zo gukumira no kubirwanya.”
Dr Biruta yasabye aba bapolisi bashya kurangwa n ikinyabupfura, ubunyamwuga n umurava, gukorana n izindi nzego no gushyira umuturage ku isonga.
Ati “Muzaharanire ishema ry u Rwanda n Abanyarwanda aho muzaba muri hose, mukore kinyamwuga kandi mwange umugayo.”
Polisi y u Rwanda yatangaje ko mu gihe cy umwaka umwe ushize, Ishuri ry Amahugurwa rya Polisi rya Gishari ryahuguye Abapolisi na Dasso bagera ku 8.529 mu masomo n amahugurwa atandukanye agamije kubongerera ubumenyi, imyitwarire myiza n ubushobozi mu kazi kabo ka buri munsi.



























