Mu gihugu cya Espagne, abakinnyi ba Sevilla FC baraye ku kibuga cy’imyitozo nyuma y’uko basagariwe n’abafana babo, babashinja umusaruro mubi uri gushyira ikipe mu kaga ko kumanuka mu Cyiciro cya Kabiri.
Ibi byabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Gicurasi 2025, nyuma y’uko Sevilla FC itsinzwe na Celta Vigo ibitego 3-2, mu mukino w’Umunsi wa 35 wa Shampiyona. Ikipe ya Celta yari ifite abakinnyi 10 gusa mu kibuga ariko ibasha gutsinda, bituma Sevilla FC irushaho kujya mu mazi abira.
Nyuma y’uyu mukino, abafana barakaye cyane, bagera ku kibuga cy’imyitozo cya Ramón Cisneros Palacios Ciudad Deportiva, aho bashatse kugirira nabi abakinnyi. Byabaye ngombwa ko abakinnyi barara aho, kubera umutekano muke utari kubemerera gutaha.
Mu itangazo Sevilla yashyize hanze, yatangaje ko igiye gufatira ibihano bikomeye abafana bagaragaye muri icyo gikorwa cy’urugomo, inabigaragaza nk’icyaha gikomeye gishobora gukurikiranywa n’inzego z’umutekano.
Ikipe ya Sevilla FC yari isanzwe izwi nk’iyitwara neza ku mugabane w’u Burayi, yegukanye UEFA Europa League mu 2020 na 2023, ariko ubu iri ku mwanya wa 16, aho itaramutse itsinze nibura umukino umwe mu isigaranye, ishobora kumanuka mu Cyiciro cya Kabiri.





Mu gitondo cyo ku Cyumweru, tariki ya 11 Gicurasi 2025, mu biro by’Akagari ka Bihari, mu Murenge wa Ruhuha, Akarere ka Bugesera, habonetse umurambo w’umugabo witwa Nkundiye Laurent, bikekwa ko yiyahuye.



Mu gihugu cya Uganda, haravugwa urupfu rw’agashinyaguro rw’umugore w’Umunyarwandakazi wiciwe mu buryo bw’akababaro n’abantu bataramenyekana. Inkuru zatangajwe n’ibitangazamakuru byo muri ako karere zemeza ko nyakwigendera yiciwe ahitwa Kireka, ahazwi nk’ahakunze kugaragara ibikorwa by’urugomo n’ubwicanyi.

Iki gikorwa cyo Kwibuka cyabaye mu mutuzo n’icyubahiro gikwiye, aho urubyiruko n’abaturage bibukijwe ko amateka mabi atagomba kongera kubaho, ahubwo ko buri wese akwiye kubaka amahoro arambye.













