Kayonza Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva yifatanyije n’ab’i Kayonza mu muganga rusange

0
530

Kayonza — Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva yifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Kayonza mu Muganga rusange, igikorwa cyabaye mu rwego rwo gukomeza gushimangira indangagaciro z’ubumwe, ubwitange n’isuku rusange nk’inkingi z’iterambere rirambye.

Ni umuganda witabiriwe n’abaturage, abayobozi mu nzego zitandukanye n’abakozi bo muri aka Karere, aho bafatanyije ibikorwa bitandukanye bigamije kunoza isuku n’imitunganyirize y’ahakorerwa n’ahatuwe.

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye, Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva yavuze ko umuganda rusange atari igikorwa cy’isuku gusa, ahubwo ari ishuri ryigisha ubufatanye, kwigira no gushyira hamwe imbaraga mu kubaka igihugu.

Yashimangiye ko iyo Leta n’abikorera bafatanyije n’abaturage, haboneka ibisubizo birambye ku bibazo byugarije imibereho ya buri munsi.

Ubuyobozi bwaKayonza bwagaragaje ko kwitabira umuganda rusange biri mu nshingano z’ikigo z’umumuryango, bwemeza ko buzakomeza kugira uruhare mu bikorwa bigamije iterambere ry’aho bukorera n’igihugu muri rusange.

Bwavuze ko isuku, kubungabunga ibidukikije no gufatanya n’abaturage ari ingenzi mu kubaka ejo heza.

Abaturage bitabiriye umuganda bagaragaje ibyishimo byo gukorana n’abayobozi bakuru b’igihugu, bavuga ko bituma barushaho gusobanukirwa inshingano zabo no kumva ko iterambere rishingira ku bufatanye bwa bose.

Bavuze ko kubona Minisitiri w’Intebe mu gikorwa nk’iki bibatera imbaraga zo gukomeza kwitabira gahunda za Leta zigamije imibereho myiza.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza bwashimangiye ko umuganda rusange ukomeje kugira uruhare runini mu guhindura isura y’akarere, haba mu isuku, mu kubungabunga ibidukikije no mu gukemura bimwe mu bibazo by’abaturage.

Bwagaragaje ko gukomeza gushyira imbaraga mu muganda ari imwe mu nzira zifasha kugera ku iterambere rirambye.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here