U Bushinwa bumaze kugira misile 100 zambukiranya imigabane – Amerika

0
421

Raporo ya Minisiteri y’Ingabo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagaragaje ko u Bushinwa bushobora kuba bumaze kugira mu bubiko misile zirenga 100 zambukiranya imigabane, zizwi nka Intercontinental Ballistic Missiles (ICBMs).

Iyo raporo igaragaza ko izo misile zibitswe mu bigo byabugenewe bitandukanye, by’umwihariko biri hafi y’umupaka w’u Bushinwa na Mongolia. Nubwo Minisiteri y’Ingabo ya Amerika yari yarigeze gutangaza ko u Bushinwa bwubatse ibigo bishya byo kubikamo izo misile, iyi raporo ni yo ya mbere igaragaje ko hari misile nshya zamaze gushyirwamo.

Raporo ivuga ko izo misile ari izo mu bwoko bwa DF-31, zizwiho kuba zifite ubushobozi buhambaye bwo kugera ku migabane itandukanye, bikaba byongera impungenge ku mutekano mpuzamahanga.

Ikigo Reuters cyatangaje ko Amerika igaragaza ko u Bushinwa budafite ubushake bwo kwinjira mu biganiro mpuzamahanga bigamije kugabanya ikorwa ry’intwaro kirimbuzi. Iyo raporo igira iti “U Bushinwa nta bushake bugaragaza bwo kwitabira ibiganiro bigamije kugenzura ikorwa ry’intwaro kirimbuzi.”

Amerika ivuga ko umubare w’intwaro kirimbuzi u Bushinwa bufite ukomeje kwiyongera. Mu mwaka wa 2024, bwari bufite izigera kuri 600, ariko hakaba hari impungenge ko mu 2030 bushobora kuba bumaze kugira izirenga 1.000.

Ikindi iyi raporo igaragaza ni uko u Bushinwa buri kwiyubaka mu bya gisirikare ku buryo bushobora gushoza intambara kuri Taiwan bitarenze umwaka wa 2027. Ibi Amerika ivuga ko bihangayikishije cyane abafatanyabikorwa bayo n’abasesenguzi mu by’umutekano.

Ku rundi ruhande, u Bushinwa bwakomeje guhakana ibi byose, buvuga ko ari uburyo bwo kubuharabika no kuyobya amahanga. Bushimangira ko gahunda yabwo yo gukora intwaro kirimbuzi igamije gusa kwirinda no kwirwanaho, kandi ko izo ntwaro zitashobora gukoreshwa igihe butashotowe.

Impuguke mu by’umutekano mpuzamahanga zivuga ko iherezo ry’amasezerano ya New START, agamije kugabanya ikorwa ry’intwaro kirimbuzi hagati ya Amerika n’u Burusiya, rishobora guteza ikibazo gikomeye ku Isi. Aya masezerano yasinywe mu 2010 ateganyijwe kurangira mu 2026, ariko hari impungenge ko umubano mubi hagati ya Amerika n’u Burusiya, kimwe no kutayitabira kw’u Bushinwa, bishobora gutuma hatabaho kuyongerera igihe.

Amerika yatangaje ko u Bushinwa bumaze kugira misile 100 zambukiranya imigabane

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here