Minisitiri Mutamba agiye kuburanishwa mu rukiko rusesa imanza ku kunyereza Miliyoni 19 z’Amadolari

0
40

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, agiye kugezwa mu rukiko rusesa imanza nyuma yo gushinjwa kunyereza miliyoni 19 z’amadolari yari agenewe kubaka Gereza ya Kisangani mu Ntara ya Tshopo.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’itora ryabaye ku wa 15 Kamena 2025 mu Nteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu, aho mu badepite 363 bitabiriye, 322 batoye bemera ko dosiye ye yoherezwa mu rukiko, 29 barabyanga naho 12 bifata. Ni uburenganzira bwemewe ku buryo Ubushinjacyaha Bukuru bushobora gutangira kumukurikirana mu buryo bwemewe n’amategeko.

Iri tora ryakurikiye raporo ya Komisiyo yihariye yashyizweho na Sena kugira ngo isesengure dosiye ya Minisitiri Mutamba. Ubwo yasabwaga ibisobanuro n’iyo komisiyo, yemeye ko amafaranga y’uwo mushinga yayobeye ku konti y’ikigo kitariho (baringa), asaba imbabazi avuga ko ari ikosa ryabaye.

Minisitiri Mutamba, winjiye muri Guverinoma muri Gicurasi 2024, yabwiye iyo komisiyo ko yahuye n’imbogamizi zirimo amakimbirane akomeye hagati ye n’Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda rusesa imanza, Firmin Mvonde, ari nawe ushinzwe gukurikirana urubanza rwe.

Nubwo yemeye ko amafaranga yayobeye, ntiyigeze asobanura mu buryo burambuye uko amafaranga yageze kuri iyo konti ya baringa, cyangwa icyo yakozweho. Abadepite batoye ko aburanishwa bashimangiye ko nta muntu uri hejuru y’amategeko, kandi ko hakenewe ibisobanuro birambuye ku ikoreshwa ry’ayo mafaranga y’ingengo y’imari.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here