HAFIYAWE

Amakuru yihuse kandi yizewe

Advertisement
Ingabo za Iran muri Hormuz

Iran yahigiye kurasa ingabo za Amerika zizinjira muri Hormuz

Iran yatangaje ko izagaba ibitero bikomeye ku ngabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe zagerageje kwinjira mu nyanja ya Hormuz, imwe mu nzira z’ingenzi zinyuzwamo peteroli ku Isi.

Ibi byatangajwe mu gihe umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi ukomeje kuzamuka, aho Iran ivuga ko itazemera ko hari igisirikare cy’amahanga cyinjira muri aka gace itabiherewe uburenganzira.

Amakuru aheruka agaragaza ko igisirikare cya Iran cyaburiye ko ingabo zose z’amahanga, cyane cyane iza Amerika, zizibasirwa mu gihe cyose zagerageje kwegera cyangwa kwinjira muri Hormuz.

Ibi bibaye mu gihe Amerika nayo yatangaje gahunda yo gufasha amato y’ubucuruzi kunyura muri iyi nyanja, igikorwa Iran ifata nk’icyo kuyihungabanyiriza umutekano.

Mu minsi ishize, Iran yavuze ko yanahagaritse ubwato bw’intambara bwa Amerika bwageragezaga kwinjira muri Hormuz, ibintu byatumye igiciro cya peteroli ku Isi gihita cyiyongera kubera impungenge z’intambara.

Abasesenguzi bagaragaza ko Hormuz ari ahantu h’ingenzi cyane ku bukungu bw’Isi, kuko hafi kimwe cya gatatu cya peteroli ikoreshwa ku Isi inyura muri iyi nyanja, bityo amakimbirane ahabera agira ingaruka ku bihugu byinshi.

Uretse ibyo, amakuru agaragaza ko hashobora kubaho gukomeza gukomera kw’uyu mwuka mubi, cyane ko Iran yamaze gutangaza ko izarwanya icyo ari cyo cyose cyagerageza kuyivogera muri aka gace.

Ibi byose byatumye amahanga akomeza gukurikiranira hafi ibibera muri Hormuz, kuko bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano n’ubukungu bw’Isi muri rusange.

Intambara ya Amerika, Israel na Iran ishobora kuzamura ibiciro bya peteroli – Minisitiri Sebahizi

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yatangaje ko intambara ihuje Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel na Iran ishobora kugira ingaruka ku bihugu byose by’Isi, by’umwihariko ku bijyanye n’ibikomoka kuri peteroli.

Yabivuze mu gihe Umuhora wa Hormuz (Strait of Hormuz), unyuzwamo hafi 20% bya peteroli icuruzwa ku Isi, wamaze gufungwa kubera intambara iri hagati ya Iran n’ibihugu by’inshuti za Amerika.

Umuhora wa Hormuz uherereye hagati ya Iran na Oman, ukaba ari inzira inyuzwamo buri munsi utugunguru turi hagati ya miliyoni 16 na 21 tw’ibikomoka kuri peteroli.

Ibihugu byo mu muryango wa OPEC birimo Iran, Arabie Saoudite, UAE na Kuwait ni byo byifashisha cyane iyi nzira, byohereza peteroli cyane cyane muri Aziya.

Minisitiri Sebahizi yavuze ko gufungwa kw’uyu muhora byatumye ibigo byinshi bicuruza peteroli bihagarika kuhanyuza ibicuruzwa byabyo, bikaba bishobora kuzamura ibiciro ku rwego mpuzamahanga.

Minisitiri Sebahizi yabwiye RBA ko u Rwanda rwafashe ingamba ku nzego ebyiri z’ingenzi:

  1. Kwihutisha iyinjizwa rya peteroli iri mu nzira, kugira ngo igere mu gihugu mbere y’uko ikibazo gikomera.

  2. Kongera ububiko bwa peteroli, ku buryo igihugu cyagira ubushobozi bwo kumara amezi runaka kidahungabanye.

Ati:

“Turashaka ko peteroli iri mu nzira yamaze kurenga ahari intambara igera mu gihugu vuba, tukagira ububiko buhagije mu gihe byaba bifashe amezi abiri cyangwa arenga.”

Yanavuze ko hari abashoramari bemeye kubaka ibigega bishya byo kubikamo peteroli, kandi Leta ikazabafasha kugira ngo ibyo bikorwa byihute.

Kuva mu Ugushyingo 2025, ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda byari byatangiye kuzamuka. Litiro ya lisansi igeze kuri 1.989 Frw, mu gihe iya mazutu iri kuri 1.900 Frw.

Minisitiri Sebahizi yavuze ko niba intambara ikomeje, ibiciro bishobora kongera kuzamuka, ariko Leta iri gushaka uko byakumirwa kugira ngo bidahungabanya abaturage n’ubukungu bw’igihugu.

Yagaragaje kandi ko u Rwanda rukura ibicuruzwa byinshi muri Aziya. Mu gihe ibihugu byo muri aka karere byahuye n’ihungabana ry’ubukungu bitewe n’intambara, ibiciro by’ibicuruzwa bishobora kuzamuka ku isoko mpuzamahanga.

Ati:

“Dushobora kwitega ko ibiciro bizazamuka, ariko tugomba gufata ingamba kugira ngo nk’Abanyarwanda tudahungabana.”