
Amakuru yihuse kandi yizewe


Kirk, wari ufite imyaka 31, yarashwe kuwa 10 Nzeri 2025 ubwo yavugaga ku ifatabuguzi ryiswe Prove Me Wrong muri kaminuza ya Utah Valley University, Orem, Utah. Uko kurasa byakozwe hifashishijwe imbunda ikomeye ya bolt-action, yaturutse ku rwego rwo hejuru.
Amakuru avuga ko uwo bakeka yamushyikirije inzego za polisi, kandi ko hari igihe gato mbere y’uko Trump yinjira mu kiganiro kuri televiziyo yamenyeshejwe ko uwo muntu yafashwe.

Uyu muhango wabereye i Monrovia, umurwa mukuru wa Liberia, ku wa 10 Nzeri 2025.
Muraya masezerano U Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Nduhungirehe Olivier, uri mu ruzinduko rwo gutsura umubano n’icyo gihugu,Liberia yo yari ihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sara Beysolow Nyanti.
Amasezerano yasinywe afite ibyiciro bibiri:
Gukuriraho Visa ku baturage b’ibihugu byombi.
Gushyiraho Komite ihuriweho izakurikirana imishinga y’ubufatanye hagati y’impande zombi.
U Rwanda na Liberia bisanzwe bifitanye umubano mwiza mu nzego zitandukanye:
Politiki: ubufatanye hagati y’Inteko zishinga Amategeko.
Uburezi: abanyeshuri bo muri Liberia biga mu mashuri makuru na za Kaminuza mu Rwanda.
Amateka ahuje ibihugu byombi: Liberia yahuye n’intambara mu myaka ya 1990, naho u Rwanda rwanyuze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Aya masezerano mashya ateganyijwe kongera imbaraga mu mubano w’ibihugu byombi ndetse akorohereza abaturage mu buhahirane, ubukerarugendo n’ishoramari.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yemeje aya makuru avuga ko aba bahanzi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera, aho bagikorerwa dosiye kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
Amakuru avuga ko bafashwe mu ijoro ryo ku wa 5 rishyira ku wa 6 Nzeri 2025, ubwo bari barengeje amasaha y’akabari, hanyuma bapimwa bagasanganwamo ibiyobyabwenge.
Ariel Wayz aherutse gusinya amasezerano y’imikoranire na Universal Music Group East Africa, ndetse urwo rugendo rwari rugamije gutangira imwe mu mishinga iri muri ayo masezerano.
Ariel Wayz: umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda muri iyi minsi, wamamaye mu ndirimbo zitandukanye zigaragara ku mbuga mpuzamahanga.
Babo: umuhanzikazi wamenyekanye mu ndirimbo nka Lose You yakoranye na Ariel Wayz, Turn Up yakoranye na Urban Boys, Go Low yakoranye na The Ben, na Yogati yakoranye na Bruce Melodie. Ubu yari aherutse kwinjira cyane mu byo gutegura ibitaramo.
Kugeza ubu, Polisi iravuga ko dosiye yabo igikorerwa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha

Umuyobozi ushinzwe imicungire y’abakozi (Human Resources – H.R) mu Bitaro bya Nyanza, Uwamahoro Laetitia, yahagaritswe mu kazi amezi atatu adahembwa kandi atanakora, azira amakosa yo mu kazi nk’uko byemejwe n’ubuyobozi.
Amakuru aturuka ahizewe avuga ko uyu muyobozi yahagaritswe nyuma y’uko hagaragajwe amakosa mu micungire y’imisoro y’abakozi.
Raporo y'umugenzuzi mukuru w'imari ya Leta, igendeye ku igenzura ryakozwe mu Bitaro bya Nyanza, yerekanye ko umusoro wa TPR utatanzwe neza hagati ya Nyakanga 2022 na Gashyantare 2024.
Icyo gihe abakozi bahabwaga amafaranga y’agahimbazamusyi, ariko H.R ntiyakata umusoro uko bikwiye. Byateje ikibazo ku misoro irenga miliyoni 20 Frws itishyuwe.
Ubuyobozi bw’ibitaro bwandikiye abakozi bose bari mu makosa, bubasaba kw’ishyura ayo mafaranga, ariko bamwe banga babivugaho ko ikosa rikwiye kubazwa H.R ari we watanze amafaranga atabanje gukata umusoro.
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Patrick Kajyambere, yabwiye itangazamakuru ko amakosa yakozwe mu micungire y’abakozi ari yo yabaye ishingiro ryo guhagarika Uwamahoro Laetitia, kugira ngo abibazwe byimazeyo.
Icyakora ntiyirukanywe burundu mu kazi, ahubwo yahagaritswe amezi atatu adahembwa.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyanza bwamaze gushyiraho undi muyobozi w’agateganyo ushinzwe abakozi.
Byongeye kandi, uwari Umuyobozi ushinzwe imari (DAF), Bizumuremyi Philippe, yimuriwe mu biro by’Akarere ka Nyanza. Uyu yari yaraje ku bitaro gusimbura Twagiramungu Zacharie, wari wirukanwe.
Hari amakuru yavugaga ko Bizumuremyi Philippe atumvikanaga na Dr. Mfitumukiza Jerome, Umuyobozi Mukuru mushya w’Ibitaro bya Nyanza, ariko umwe mu bavugwaga yahakanye ayo makuru.
Kugeza ubu, ntibyadukundiye kubona igisubizo cya Dr. Mfitumukiza Jérôme cyangwa cya Patrick Kajyambere, kuko telefone zabo zititabwaga ndetse ubutumwa bugufi ntibwasubizwa.

Ku wa Kabiri, tariki ya 9 Nzeri 2025, mu Kigo cya Polisi gishinzwe kurwanya iterabwoba giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera (Counter Terrorism Center CTTC), habereye umuhango wo gusoza amahugurwa yihariye ajyanye no gukoresha intwaro n’amayeri yo guhangana n’ibihungabanya umutekano (SWAT Course).
Aya mahugurwa yari ageze ku cyiciro cya gatanu, yitabiriwe n’abapolisi 24 mu gihe cy’amezi atatu.
Abapolisi bahuguwe mu masomo arimo:
Imyitozo ikomeza umubiri (physical fitness),
Gukoresha intwaro neza (skills at arms),
Amayeri y’urugamba (tactics),
Kunyura mu nzitane (obstacle course),
Kwirwanaho mu duce dutuwe (combat in built-up areas).
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP CG Felix Namuhoranye) yashimiye abapolisi basoje amahugurwa, abasaba gukomeza kurangwa n’umurava n’ikinyabupfura mu kazi.
Yagize ati:
“Turabashimira kuba musoje amahugurwa ariko ntimukirare, mukomeze kwihugura no kuzamura urwego rw’ubunyamwuga kugira ngo muzakomeze guhesha ishema Polisi y’u Rwanda n’igihugu muri rusange.”
IGP Namuhoranye yasabye kandi aba bapolisi gukorana neza n’abo mu byiciro byabanje no gukomeza gushyira mu bikorwa amasomo bahawe mu kazi kabo ka buri munsi.
Aya mahugurwa atangwa kuba polisi basanzwe bafite ubumenyi bw’ibanze mu gukoresha intwaro, akabongerera ubushobozi bwo:
Kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo,
Gukoresha intwaro zidasanzwe mu bihe bikomeye,
Kubahiriza amategeko n’uburenganzira bwa muntu mu gihe cy’ibikorwa byo gucunga umutekano.
Ubuyobozi bwa Polisi bwijeje ko buzahora bushyigikira iki kigo cya CTTC kugira ngo amahugurwa akomeze gutangwa ku rwego rwo hejuru.





Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko Umuhumuza Gisele, wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) ndetse akanayobora WASAC Utility, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Ibi bikozwe mu gihe akekwaho ibyaha birimo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite no gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro.
Uru rukiko kandi rwafashe icyemezo cyo gufunga iminsi 30 y’agateganyo Murekezi Dominique, wahoze ayobora WASAC Development, mu gihe Mugwaneza Vincent de Paul, wari ushinzwe imishinga yo gusaranganya amazi muri WASAC, yarekuwe by’agateganyo kuko nta mpamvu zikomeye zatuma akekwaho ibyaha yashinjwaga.
Umuhumuza Gisele akurikiranyweho ibyaha birimo:Gukoresha ububasha ahabwa mu nyungu ze bwite.
Gufata ibyemezo bishingiye ku itonesha, ubucuti, icyenewabo cyangwa urwango.
Gukoresha nabi umutungo wa Leta.
Ubushinjacyaha bwavuze ko yamaze gufatanwa ibimenyetso bigaragaza ko yagize imikorere idakurikije amategeko mu itangwa ry’akazi muri WASAC, harimo guha akazi abakozi 48 binyuranyije n’amabwiriza ya “HR Policy” ndetse no guhemba bamwe amafaranga arengeje ayari ateganyijwe, bikaba byarateje igihombo muri Leta.
Mu kwiregura kwe, Umuhumuza Gisele yahakanye ibyaha byose, avuga ko ibijyanye no gutanga akazi byari igitekerezo cya Prof. Omar Munyaneza ndetse ko byose byakozwe hubahirijwe amategeko. Yavuze kandi ko atari we washinzwe kugena imishahara y’abakozi ahubwo yasinyaga ku masezerano yari yateguwe.
Ku ruhande rwa Murekezi Dominique, yavuze ko we yagize uruhare mu gukoresha ibizamini by’ibiganiro (interviews) gusa, bityo ko adakwiye gukurikiranwaho icyaha cy’ubufatanyacyaha.
Urukiko rwavuze ko hari impamvu zikomeye zituma Umuhumuza Gisele na Murekezi Dominique bakekwaho ibyaha, bityo rutegeka ko bafungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Rwategetse kandi ko Mugwaneza Vincent de Paul afungurwa ako kanya kuko nta bimenyetso bikomeye byashingirwaho ngo akomeze gufungwa.
Urukiko rwibukije abaregwa ko bagifite iminsi itanu yo kujurira.

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga Rwemeje ko Gitifu Nteziyaremye Germain Ari Umwere
Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwategetse ko Nteziyaremye Germain, wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rongi, afungurwa nyuma y’amezi arindwi yari amaze afunze akekwaho icyaha cyo gusaba no kwakira indonke.
Isomwa ry’uru rubanza ryabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 10 Nzeri 2025, mu cyumba cy’iburanisha cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga.
Urukiko rwavuze ko nyuma yo gusuzuma ikirego cy’Ubushinjacyaha n’ibimenyetso byatanzwe n’abatangabuhamya, basanze ibyo bashinjaga Nteziyaremye nta shingiro bifite.
Ubushinjacyaha bwavugaga ko Nteziyaremye Germain yasabye kandi akakira ruswa ya 150,000 Frws kugira ngo afungure Nyandwi Charles, wari ufungiye gutema ishyamba rya Leta.
Nteziyaremye yahakanye ibyo aregwa, avuga ko ayo mafaranga abaturage bavuga ko ari indonke, ari amande bari bishyuye kubera icyo cyaha cy’ishyamba, kandi ko yari yarishyuwe mu buryo bukurikije amategeko.
Urukiko rwavuze ko nyuma yo gukora igenzura kuri MTN Mobile Money ndetse no gusuzuma ibisobanuro byatanzwe n’uregwa, basanze ibimenyetso by’Ubushinjacyaha bidahagije.
Bityo rwemeje ko icyaha cyo gusaba no kwakira indonke nta shingiro gifite, rutegeka ko Nteziyaremye Germain afungurwa ako kanya.
Urukiko kandi rwagize umwere Gatesi Francine, umukozi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), wari ukurikiranyweho icyaha cy’ubufatanyacyaha cyo gusaba no kwakira indonke.
Rwanzuye ko Gatesi asubizwa telefoni ye yo mu bwoko bwa Smart yari yafatiriwe.
Nteziyaremye Germain na Gatesi Francine batawe muri yombi ku wa 27 Gashyantare 2025.
Gatesi yari yarekuwe by’agateganyo mbere, mu gihe Nteziyaremye we yakomeje gufungwa kugeza ubwo urubanza rwasomwe.

Igiciro cy’amavuta cyazamutse nyuma y’ibitero bya Israel—Ariko ubwinshi bw’ikiguruka burababuza gukomeza kuzamuka
Ku wa Kabiri, ibiciro bya peteroli byazamutse gahoro nyuma y’ibitero bya Israel ku bayobozi ba Hamas muri Qatar n’uko Pologne yashe drones za Russia—ibi byose byateje impungenge mu isoko. Ariko impungenge yuko hari ubwinshi bw’amavuta (oversupply) zabujije ko ibiciro bikomeza kuzamuka cyane.
Brent crude yazamutseho 66 cents bingana na (1 %), igera ku $67.05 ku kavuta, naho U.S. West Texas Intermediate (WTI) izamuka 68 cents (1.1 %), bigera kuri $63.31.
Abasesenguzi bavuga ko n’aho hari impinduka zirimo iz’amatora ya Trump cyangwa iz’ubukungu mpuzamahanga,isoko ry’amavuta rifite ubwinshi ryatumye hazamo gukomera kw’ibihe biriho.

Ingabo za Pologne Zarashe Drones za Russia Zarenze mu Butaka Bwayo
Imiryango yo ku Mupaka Yagiye mu Bihungiro, Amasosiyete y’Indege Arafunzwa
Imiryango yo muri Pologne ibarizwa hafi y’umupaka wa Ukraine yahuye n’akaga gakomeye ku Cyumweru, ubwo indebe z’intambara za Russia (drones) zarenze mu gihugu cyabo mu gihe Russia yari mu bitero bikomeye kuri Ukraine.
Ingabo za Pologne zatangaje ko zarashe drones zari zarenze mu kirere cy’igihugu, ibi bikaba ari bwo bwa mbere igihugu cya NATO kirashe indege za Russia mu butaka bwacyo.
Igitero Kigereranywa n’Icyibasira NATO
“Ni igitero gishyira abaturage bacu mu kaga gakomeye,” niko byatangajwe n’ingabo za Pologne.
Minisitiri w’Intebe Donald Tusk yavuze ko hari umubare munini cyane wa drones winjiye mu kirere cya Pologne, yita iki gikorwa “ubushotoranyi bukomeye.” Yijeje abaturage ko Pologne “yiteguye kurwana” mu gihe habaho ibindi bitero nk’ibi.
Abaturage Bagiye mu Bihungiro
Iki gitero cyatumye Ikibuga cy’Indege cya Warsaw n’ibindi bigo by’indege bifungwa by’agateganyo. Abaturage bo ku mupaka basabwe kujya mu bihungiro kugeza igihe inzego z’umutekano zavugaga ko ikirere cyongeye kuba gitekanye.
Ingabo za Pologne zavuze ko zishimira inkunga zatanzwe n’Ubuholandi, bwohereje indege z’intambara zifasha kurinda ikirere cya Pologne ijoro ryose.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko nibura drones umunani za Russia zari zigamije kwinjira mu Pologne, abisobanura nk’“akaga gakomeye ku Burayi.”
Nk’uko CNN ibivuga, inzobere mu bya gisirikare zemeza ko Russia ishobora kuba yabikoze ku bushake, kugira ngo irebe uburyo ibihugu bya NATO byakwitwara mu gihe byagabwaho ibitero ku butaka byabyo.
Ibi bitero bya drones byakurikiye ibyumweru bike bishize ubwo Russia yagabaga igitero gikomeye ku gihugu cya Ukraine kuva intambara yatangira. Mu mpera z’icyumweru gishize, Russia yohereje drones 800, aho nibura abantu 24 bapfiriye mu gitero kimwe.
Mu rwego rwo kwirinda indi mikino y’intambara, Pologne yahise ifunga umupaka wayo na Belarus, kubera imyitozo ya gisirikare y’Ingabo za Russia na Belarus.
Minisitiri w’Ingabo wa Pologne yasabye ingabo z’imbere mu gihugu gushakisha ibisigazwa by’izo drones ndetse asaba abaturage gukomeza gutuza ariko bakamenyesha inzego bireba mu gihe babonye ibice byazisenyutse.



